mercredi 13 janvier 2016

KIGALI/RWANDA:Umupolisi yakubise umumotari umugeri bagenzi be bafunga umuhanda.




Ibi byabereye hafi y’umuhanda udacamo imodoka (car free zone) ahagana ku isaha ya saa 
sita na cumi(12h10) mu mihanda iteganye iherereye hagati y’inyubako ya Centenary 
House na Pension Plaza. Ubwo Inyarwanda.com yahageraga yasanze hari urujya 
n’uruza rw’abantu ariko biganjemo abamotari bari baje kureba icyabaye kuri mugenzi 
wabo wari ukiryamye hasi.

Uko ababibonye babisobanura

Umusore utashatse ko dutangaza amazina ye yadutangarije uko byagenze muri aya magambo. Ati “ Nari ndi kuzamuka mbona umumotari aturutse muri uriya muhanda uzamuka ugana kuri car free zone, hanyuma ahita akata aza ashaka abagenzi. Umupolisi wari urinze umuhanda ngo hadacamo imodoka yamuje inyuma ahita amukubita umugeri moto ikigenda yikubita hasi kuri bordure y'umuhanda, aho kumwegura ahita afata moto ye arayijyana. Uko nabibonye ntabwo umumotari yari mu ikosa kuko aka gahanda yari arimo ntabwo bibujijwe ko abamotari bagacamo keretse abatwara imodoka.

Yongeyeho ati “ Nyuma yo kumukubita, abandi bagenzi be 3 bahise bahagera banga kumujyana kwa muganga, bakavuka ko imodoka  ya polisi ariyo igomba kumujyana kuko yakubiswe n’umupolisi mugenzi wabo. Uko iminota yashiraga niko abamotari benshi bakomeje kwiyongera nkuko na we ubyiboneraBakomeje kumusatira aho yahise ajya guhagarara bamusaba ko yamujyana kwa muganga.”

Aho yari ahagaze
Aho umupolisi yahise ajya guhagarara abantu bari bamwuzuyeho

Umuhanda wari ufunze
Nta modoka yahitaga

Abo hejuru
Abo hejuru muri etage  bakurikiraniraga hafi ibiri kuba

Umumotari


Bamukikije


Umupolisi

Umupolisi asaba abantu kubafasha bakageza uyu mumotari kwa muganga

bamwinjiza mu modoka
Bamwinjiza mu modoka ya polisi ngo ajyanwe kwa muganga

Umupolisi
Umupolisi wakubise umumotari

imodoka
Iyi niyo modoka yaba uwakubiswe n'umupolisi wamukubise bagiyemo

Bamuherekeje
Abamotari bamuherekeje no kwa muganga

Undi mugenzi wari uri hafi aho we yagize ati “ Nta mugenzi yari atwaye bibereye hariya abaturage twese tureba “. Tumubajije niba ari akarengane babona yagiriwe, abari bamukikije bose bahise biyamirira icyarimwe ko arenganyijwe ko ndetse umupolisi wakoze iri kosa akwiriye kubihanirwa by’intangarugero kuko asebeje Polisi yo mu muhanda muri rusange. Ahagana ku isaha ya saa saba nibwo imodoka ya polisi yaje kujyana uyu mumotari kwa muganga ndetse n’umupolisi bivugwa ko yamukubise umugeri.

Mu kiganiro inyarwanda yagiranye n’umuvugizi w'ishami rya Polisi y'u Rwanda rishyizwe umutekano wo mu muhanda, Spt. Jean Marie Vianney Ndushabandi ubwo twamubazaga uko kikibazo giteye yadutangarije ko bakigikurikirana. Twanamubajije niba gukubita utwaye ikinyabiziga biri mu bihano byemewe na Polisi y'u Rwanda, ntiyagira icyo abivugaho ahubwo ashimangira ko ibi bakibikurikirana.

Renzaho Christophe | Wednesday, 2016-01-13

inyarwanda.com






Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire